Amavubi yageze i Calabar: Karekezi mu mvune

  • PDF

Ikipe y'igihugu Amavubi yageze i Calabar kuri uyu wa kane aho izakina na Nigeria umukino wo kwishura wo gushaka itike yo gukina imikino yanyuma y'igikombe cya afurika cya 2013.


Nyuma yo kuva i Lagos mu gitondo, Amavubi yageze ku kibuga cy'indege cya Margaret Ekpo Calabar saa 12.30 (saa 13.30 z'ikigali) hanyuma berekeza kuri Channel View Hotels aho federasiyo ya Nigeria yahisemo gucumbikira ikipe y'Amavubi.

Ikipe yaje gukora imyitozo yayo ya mbere k'ubutaka bwa Nigeria saa 17.00 nyuma yo kuruhuka kandi iyi myitozo yabereye kuri universite ya Calabar.

Karekezi mu mvune

Mu myitozo yabaye kuri uyu wa kane, kapiteni w'ikipe y'igihugu Olivier Karekezi ntago yashoboye kuyirangiza nyuma yo kugira imvune muri cheviyeri ndetse n'ivi amaze kugongana na defanseri Salomon Nirisarike nyuma.

Karekezi yahise avurwa n'abaganga; ibye biraza kugaragara cyangwa se kumenyakana neza kuri uyu wa gatanu aho ikipe y'Amavubi imfite imyitozo yayo ya nyuma kuri sitade UJ Esuene i Calabar.

Usibye Karekezi, abandi basore bameze neza kandi bafite ikizere cyo kwitwara neza kuri uyu wa gatandatu ubwo bazaba bahura na Nigeria.

Umukino washizwe saa 17.00 z'ikigali.

Umukino uzahuza u'Rwanda na Nigeria kuri uyu wa gatandatu washyizwe saa 16.00 arizo saa 17.00 kw'isaha y'ikigali nkuko umunyamabanga mukuru wa federasiyo y'umupira w'amaguru ya Nigeria bwana Musa Amadu abitangaza.

Amadu yamenyesheje delegasiyo y'urwanda kuwa kane nimugiroba ko i saha umukino uzatangiriraho yimuwe kubera imvura nyishi iteganyijwe kugwa muri Calabar kuva saa 18.00 za nimugoroba kuwa gatandatu.

"Ibi bintu byatubayeho ubwo twakinaga na Namibia mu minsi ishize. Ubwo ibindi bisobanura tuzabibamenyesha mu nama iba mbere y'umukino (Pre-Match meeting) iza kuba kuri uyu wagatanu kuri sitade ya EU Esuene i saa kumi," nuko Amadu yavuze.

Umukino wo kuwa gatandatu uzasifurwa n'abanya Cote d'Ivoire barimo; Doue Noumandiez (umusifuzi wo hagati), Yeo Songuifolo (umusifuzi wa mbere), Bayere Mousa (umusifuzi wa kabiri) na Sinko Bienvenu (umusifuzi wa kane).

Mahamat Abdonlaye Lawandji ni komisseri w'uyu mukino.

Last Updated on Friday, 15 June 2012 08:05