ITANGAZO RIGENEWE ABANYAMAKURU
- Tuesday, 05 June 2012
- Written by Webmaster
ITANGAZO RIGENEWE ABANYAMAKURU
IMYANZURO Y’INAMA Y’ABAHAGARARIYE AMAKIPE N’ABAGANGA B’AMAKIPE
Y’ICYICIRO CYA 1, 2, N’ABAGORE
- Itariki: 04/06/2012
- Aho inama yabereye: Ku cyicaro cya FERWAFA
- Abatumiwe: Abanyamabanga Bakuru n’abaganga b’amakipe yose ya D1,D2 n’abagore
- Ibyizwe mu nama:
1. Ubuzima gatozi bw’amakipe (Komisiyo y’amategeko)
- Buri kipe isabwe kuzuza ibisabwa, ikabishyikiriza Me Amiel NSENGIMANA washyizweho na FERWAFA akaba ariwe uzabikurikirana.
- Amakipe ashingiye ku bigo bifite ubuzima gatozi nayo asabwe gushaka ubwayo hakurikijwe inshingano zayo.
2. Ibibazo by’ubuzima bw’abakinnyi ( Komisiyo y’ubuvuzi)
Nyuma ya 2è Congrès Médical ya FIFA, no kubera ibibazo bikomeje kubera ku bibuga, harasabwa ibi bikurikira mbere y’uko Shampiyona itangira:
- Amakipe azakina Shampiyona, arasabwa gukora “Medical Check Up“ bikaba itegeko.
- Buri kipe isabwa kuba ifite umuganga wemewe na Komisiyo y’ubuvuzi.
- Kugura “brancard“ y’ikipe iba ku kibuga cyayo.
- FERWAFA izasaba MINISPOC gusaba MINISANTE gutanga “Ambulance“ ahabereye imikino ariko n’amakipe yakiriye akabikurikirana nk’uko basaba Police.
- Ubwishingizi ku bakinnyi bose (Mutuelle irahagije)
3. Gutegura Shampiyona 2012-2013 (Komisiyo y’amarushanwa)
- Gukora Calendrier “ harmonisé“ igendeye kuya FIFA n’iya CAF.
- Gushyiraho ibihembo bya buri kwezi bituma abakinnyi baba “motivé“ .
- Inama ihuza amakipe ya “evaluation“ mbere y’uko “saison“ itangira.
- Gusura ibibuga, ibidashobotse imikino ikimurirwa ku bibuga byiza.
- Gushyiraho “tournoi“ yo kwibuka buri mwaka.
- Gushyiraho icyiciro cya gatatu (D3) imikino igakinirwa mu ma “Ligues“.
Bikorewe i Kigali, Kuwa 05 Kamena 2012.
GASINGWA Michel
Umunyamabanga Mukuru
Fédération Rwandaise de Football Association


